ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
Chief of General Staff of the Central African Republic Armed Forces visits Rwanda to discuss Defence Cooperation
Kigali, 8 May 2021
The Chief of General of Staff of the Central African Republic Armed Forces (FACA), Maj Gen Zephlin Mamadou led a military team of…
Post-Conflict Peacebuilding Course concludes at RPA
Musanze, 7 May 2021
The Senior Leadership for Post-Conflict Peacebuilding and Reconstruction Course concluded today at the Rwanda Peace Academy (RPA)…
RDF Command and Staff College to hold National Security Symposium
In collaboration with the University of Rwanda (UR), Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) will hold a three days National Security…
SOUTH SUDAN DEFENCE MINISTER MEETS RWANDAN COUNTERPART AND RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF
Kigali, 4 May 2021
The South Sudan Minister of Defence and Veterans Affairs, Hon. Angelina Jany Teny was today received at RDF Headquarters by Hon…
SOUTH SUDAN GENERALS IN RWANDA FOR A SENIOR LEADERSHIP POST-CONFLICT PEACEBUILDING AND RECONSTRUCTION COURSE
Musanze, 3 May 2021
Twenty-five senior military and police officers from South Sudan (Maj Gen – Lt Gen) are participating in the Senior Leadership…
CAR President decorates Rwandan peacekeepers
Bangui, 16 April 2021
The President of the Central African Republic H.E Prof Faustin Archange Touadera yesterday, awarded the Rwandan peace keepers…
2021 RPA Liberation War and Historical Sites Study Tour
Kigali, 14 April 2021
The Senior Command and Staff Course (SCSC) 9 will undertake a four days RPA Liberation War Study Tour and Allied Officers…
ZIGAMA CSS records 13.7 Billion net profitÂ
Kigali, 01 April 2021
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 13.7 Billion for the year 2020. It is an increase…
Rwandan peacekeepers in CAR awarded UN medals
Bangui, 20 March 2021
Rwandan peacekeepers (Rwabatt7) serving under the United Nations Multidimensional Stabilisation Mission in the Central African…