ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
EAC Defence liaison Officers on a sensitisation tour
The five East African Community (EAC) Defense Liaison Officers (DLOs) representing their respective Partner States at the EAC Secretariat will visit…
SPLA delegation visits Rwanda
Eight (8) General Officers and one (1) Senior Officer from the Sudan People’s Liberation Army (SPLA) General Headquarters are in Rwanda from 26 July –…
Burundi Command and Staff College on a study tour in Rwanda
A delegation of 22 Senior Officers from Burundi Command and Staff College is in Rwanda for a 4 days study tour (14 – 18 July 2008). The team is led by…
Rwanda and UK sign a Memorandum of Understanding
Rwanda’s Minister of Defence Gen Marcel GATSINZI and the United Kingdom (UK) Ambassador to Rwanda H.E. Nicholas CANNON signed a Memorandum of…
Closing Remarks by the Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi, at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of Defence Forces, Kigali, 20 June 2008
{[Read the whole speech->http://www.mod.gov.rw/?Closing-Remarks-by-the-Minister-of]}
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Rwanda Air Force Officers and Airmen graduate in Logistics Science and Management
Ten [10] Officers and thirty one [31] Airmen from Rwanda Air Force graduated with ordinary and advanced Diploma in Logistics Science and Management,…
RDF Chief of General Staff meets his Congolese Counterpart
Joint Communiqué - June 16th, 2008
Bilateral meeting between RDF Chief of General Staff and FARDC Chief of General Staff.
MOD/RDF Leadership end a two days Retreat
A cross–section of Ministry of Defence (MOD) and Rwanda Defence Forces (RDF) leadership ended a two days retreat [13 – 14 June 2008] at Urumuri Hotel…