ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
The General Commander of the Mozambican Police, Bernardino Raphael, visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today 1 October 2023, the General Commander of Police of the Republic of Mozambique, Inspector General of Police Bernardino Raphael, accompanied by…
CAR President HE Prof Touadéra joins Rwanda Bilateral Force in community work in Bangui City
Today, 30 September 2023, the Central African Republic (CAR) President, HE Prof Faustin Archange Touadéra joined Rwanda Bilateral Force deployed in…
Rwanda hosts the initial planning conference for EAC Armed Forces Field Training Exercise Ushirikiano Imara 2024
Nyamata, 26 September 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel, Prisons, Immigration and civilians’ delegates begun a three-day…
Rwanda Security Force (RSF) conducts Joint community work to clean Mocimboa da Praia and Palma cities of Cabo Delgado Province - Mozambique.
Today 23 Sep 23 Joint Security Forces (RSF and FADM) carried out joint community work (Umuganda) in Palma and Mocimboa da Praia cities. This event was…
Joint Task Force Commander hosts and presides over an operational meeting at Rwanda Security Force (RSF) HQ in Mocimboa da Praia Town
Today, 23 September 2023, Maj Gen A Kagame the JTF Commander received at RSF HQs a delegation led by FADM Head of Operations, Brig Gen Chongo Vidigal,…
Rwandan peacekeepers in Central African Republic decorated with UN service medals
Bria- CAR, 20 September 2023
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanda Battle Group V and RWAMED VIII LEVEL2+ Hospital) under United Nations…
Faculty members and participants of Executive Intelligence Management Course from the National Institute for Security Studies, Abuja Nigeria- visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 19 September 2023
Today, a delegation composed of 22 Faculty and Course participants from National Institute for Security Studies (NISS)…
Rwanda Security Force conduct community work to clean coastal town of Mocimboa da Praia district, Cabo Delgado Province - Mozambique
On Saturday, 16 September 2023, Rwanda Security Force (RSF) deployed in Mozambique, Northern Province of Cabo Delgado, conducted community work,…
HE Stefan Löfven former Prime Minister of Sweden meets Rwanda's Minister of Defence
Today, 4 September 2023, Minister of Defence, Juvenal Marizamunda received in his office HE Stefan Löfven, former Prime Minister of Sweden and the…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO RETIRING GENERALS AND SENIOR OFFICERS AT A CEREMONY AT HQs
Kigali, 1 September 2023
Rwanda Defence Force (RDF) has for the eleventh time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel…