ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
Students of Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit Rwanda Defence Force Command and Staff College
Musanze, 27 May 2023
A delegation of the Joint Command and Staff Course at Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies in Qatar comprised of 37…
Students from Qatar’s Joaan Bin Jassim Academy for Defence Studies visit RDF
Kigali, 24 May 2023
Today at the Defence Headquarters, RDF Army Chief of Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga received a delegation of students, faculty…
HON MINISTER OF DEFENCE CLOSING REMARKS AT THE TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM
Kigali, 19 May 2023
- Hon Ministers
- The Chief of Defence Staff
- Service Chiefs
- Excellency Ambassadors
- The Vice Chancellor, University of…
TENTH NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM OPENS IN KIGALI
Kigali, 17 May 2023
The tenth National Security Symposium 2023 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and the…
Rwandan peacekeepers hand over rehabilitated classrooms in Bangui
On 12th May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABATT10) officially handed over six (6) rehabilitated classrooms of ECOLE KINA to the Ministry of Education.…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE DISTRICT
Cabo Delgado, 07 May 2023
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces (RSF)…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 05 May 2023, Rwandan Peacekeepers (RWABAT2) under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…
Students from Ghana Armed Forces Command and Staff College visit Rwanda
Kigali, 01 May 2023
A delegation of students and members of faculty from Ghana Armed Forces Command and Staff College are on study tour in Rwanda…
RWANDA DEFENCE FORCE ORGANISES LIBERATION CUP TOURNAMENT
Kigali, 26 April 2023
Rwanda Defence Force (RDF) announces first ever Liberation Cup Tournament to be culminated on 4th July 2023 as Rwanda will be…
RDF Chief of Defence Staff officiates the closing ceremony of the workshop organised by RDF and ICRC
Kigali, 21 April 2023
Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Gen Jean Bosco Kazura officiated the closing ceremony of the workshop on Support…