ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
President of Mozambique visits Rwanda Security Forces in Palma District, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 3 August 2022
Today, the President of the Republic of Mozambique H E Filipe Jacinto Nyusi visited the Rwandan Security Forces in Palma…
RDF Army Chief of Staff sees off relief force departing to Cabo Delgado, Mozambique
Kigali, 31 July 2023
Today, on behalf of the CDS, the RDF Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen V NYAKARUNDI along with Deputy Inspector General of…
PRESS RELEASE
REF: RDF/MPR/A/10/08/23
Kigali, 28 July 2023
Reference is made to the press release issued by the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo…
Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado, 22 July 2023
The Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese in Cabo Delgado Province, Dom Antonio Juliasse Sandramo along…
Rwandan peacekeeper Sgt Tabaro Eustache laid to rest
Kigali, 18 July 2023
Today, Rwandan Peacekeeper Sgt Tabaro Eustache who recently lost his life in Central African Republic was laid to rest in full…
Zigama CSS records a 22.8 billion net profit
Kigali, 18 July 2023
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 22.8 Billion for the year 2022. It is an increase…
EAC ARMED FORCES, POLICE AND CIVILIANS’ DELEGATES DEVELOP CONCEPT FOR THE EAC FIELD TRAINING EXERCISE USHIRIKIANO IMARA 2024
Nyamata, 17 July 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians’ delegates begun a three-day Concept Development…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF BRIEFS SECURITY FORCES READY TO RELIEVE THEIR COLLEAGUES IN CABO DELGADO, MOZAMBIQUE
Kigali, 15 July 2023
Today, Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga met Security Forces ready to deploy to Cabo…
YOUTH FROM RWANDAN DIASPORA VISIT RDF AND BRIEFED ON LIBERATION STRUGGLE AND RDF’s TRANSFORMATION JOURNEY
Kigali, 14 July 2023
A delegation of 65 Rwandan youth living in diaspora who are on a two weeks trip to Rwanda, today visited RDF Headquarters and…
RDF mourns fallen Rwandan peacekeeper in MINUSCA
REF: RDF/MPR/A/10/07/23
Kigali, 11 July 2023
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…