ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
Officers, Men, and Women of Rwanda’s Defence and Security Forces,
As we close another year, I take this moment to express my deepest gratitude for…
RWANDA SECURITY FORCES CONDUCT COMMUNITY WORK IN MACOMIA TOWN, CABO DELGADO PROVINCE
28 December 2024,
Rwandan Security Force (RSF) deployed in Macomia district, Cabo Delgado Province, Mozambique participated in community work…
MILITARY HEALTH SERVICE CHIEF OF STAFF ENGAGES RDF MEDICS ON SERVICE DELIVERY
Kigali, 26 December 2024
At RDF Headquarters in Kimihurura, Maj Gen Ephrem Rurangwa, Chief of Staff of the Military Health Services (MHS COS),…
EASF Concludes its Policy Organs Meeting in Kigali
Kigali, 21 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) concluded its 33rd Policy Organs Meeting today, 21 December 2024, after six days of…
EASF CHIEFS OF DEFENCE CONVENE IN KIGALI FOR STRONGER PARTNERSHIP
Kigali, 19 December 2024
Today, the Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence joined the Experts Working Group at the 33rd Policy Organs…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force’s 33rd Policy Organs Meeting
Kigali, 16 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) has begun its 33rd Policy Organs Meeting today, held in Rwanda at Kigali Convention…
RDF host an end-of-year dinner to honor the Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 13 December 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) held an end-of-year dinner this evening to honor Defence Attachés, both resident and…
Defence Attachés Accredited to Rwanda gather at RDF Headquarters for a Security Briefing
Kigali, 13 December 2024
Defence attachés accredited to Rwanda were hosted today to a security briefing at the MINADEF/RDF Headquarters in…
PRIME MINISTER PRESIDES OVER SWEARING-IN CEREMONY OF NEW MILITARY HIGH COURT OFFICIALS
Kigali, 10 December 2024
The Right Hon. Prime Minister, Dr. Edouard Ngirente, officiated the Swearing-In Ceremony of newly appointed officials for…
Sergeant Minani Gervais arraigned in Military tribunal for killing 5 civilians in Nyamasheke district
Nyamasheke, 3 December 2024
Sergeant Minani Gervais was arraigned before a military tribunal today on murder charges related to the deaths of five…