ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits Rwanda Security Forces new deployment in Ancuabe District, Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 December 2022
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces…
RDF SOLDIERS COMPLETE BASIC SPECIAL OPERATION FORCES TRAINING COURSE
23 December 2022
Today, Rwanda Defence Force officers and other ranks concluded a 10 months Basic Special Operation Forces Course at the Basic…
Joint Rwanda and Thailand Peacekeepers in South Sudan conduct health care community outreach in Gudele, Juba Town
Juba, 17 December 2022
Today, joint Rwandan (Rwanbatt-1 and Rwanda Aviation Unity) and Thailand Peacekeepers under United Nations Mission in South…
RDF hosts an End of Year Dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 9 December 2022
RDF has this evening organised an end of year dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda. The event was hosted…
Director of EASF pays courtesy call on Minister of Defence and RDF Chief of Defence Staff
Kigali, 6 December 2022
Today, the Director of Eastern Africa Standby Force (EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa accompanied by EASF Commander,…
MEMBERS OF SENATE AND PARLIAMENT VISIT RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba-Durupi, 1 December 2022
On the side-lines of the 12th EAC Inter-Parliamentary Games conducted in Juba, South Sudan, today the Vice President of…
A delegation from Eastern Africa Standby Force visits Rwanda for verification of Rwanda’s pledged capabilities
Kigali, 1 December 2022
This morning, a delegation from the Eastern Africa Standby Force (EASF) Secretariat led by Brig Gen Vincent GATAMA, the EASF…
Governor of Cabo Delgado province reopens Mocimboa da Praia port
Cabo Delgado, 29 November 2022
Today, 29 Nov 22, the Governor of Cabo Delgado province, Mozambique, Mr VALIGE TAUABO officially reopened the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
On 25 November 2022, Rwandan Peacekeepers under United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic…