ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
Handover Ceremony of newly appointed MOD permanent secretary
Kigali, 22 February 2023
Today, the newly appointed MOD Permanent Secretary, Col Célestin Kanyamahanga assumes office, he takes over from Maj Gen…
Rwanda’s Minister of Defence Maj. Gen Albert Murasira meets with his counterpart from the Kingdom of Netherlands, Hon. Kajsa OLLONGREN
On the sidelines of a summit on Responsible Artificial Intelligence in the Military Domain (REAIM) that was convened in The Hague, the Kingdom of the…
RDF PARTICIPATES IN MULTINATIONAL EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2023
Kigali, 16 February 2023
Rwanda Defence Force has sent military personnel in the multinational exercise codenamed Justified Accord 23 (JA23) from…
European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado,15 February 2023
On Wednesday, 15 February 2023, the European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) General…
CROSS-BORDER SHOOTING VIOLATION BY DRC TROOPS
REF: RDF/MPR/A/10/01/23
Kigali, 15 February 2023
On Wednesday morning at 4h30, FARDC forces estimated to be about one section (12 to 14 soldiers)…
RDF Senior Command and Staff Course Students start National Study Tour on Rwanda's Health Sector
Kigali, 13 February 2023
This morning, the Senior Command and Staff Course 11 started a National Study Tour on “Rwanda's health sector” which will…
Rwanda Security Forces in Mozambique donate scholastic materials to four Schools in Mocimboa da Praia and Palma district
Cabo Delgado, 13 February 2023
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province donated scholastic materials including exercise books and pens to one…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE, CABO DELGADO PROVINCE
Cabo Delgado, 05 February 2023
Mozambique Minister of Defence, Honorable Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with deputy commander of the Mozambican…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON RDF OPERATIONS AND TAKEN ON A TOUR OF THE LIBERATION TRAIL
Kigali, 3 February 2023
Defence Attachés accredited to Rwanda yesterday held a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters, Kimihurura.…