IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF Chief of Defence Staff receives Congolese Armed Forces delegation
Kigali, 27 November 2018
A delegation of six Senior Officials from the Congolese Armed Forces on November 27, paid a courtesy call on the Rwanda…
Maj Gen Muganga assumes office as the new Reserve Force Chief of Staff
Kigali, 21 November 2018

The outgoing Reserve Force Chief of Staff (RFCOS) Gen Fred Ibingira has officially handed over office to his successor…
RDF Press release – SPKSP/A/01/53/18
Kigali, 20 November 2018
The President and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force has appointed Maj Gen Aloys MUGANGA as Ag Reserve Force…
Rwanda Peace Academy (RPA) hosts Peace Support Operations Logistics Course
Musanze, 19 November 2018
A “Peace Support Operations (PSO) Logistics Course” started today Monday, 19 November 2018 at the Rwanda Peace Academy…
EAC Field Training Exercise winds up
16 November 2018
The field training exercise featuring National Defence Forces from the East African Community (EAC) partner states concluded in…
Rwandan security forces in Tanzania for disaster management training
09 November 2018

A contingent of 217 personnel including Rwanda Defence Force, Rwanda National Police and Civilians led by Brig Gen JB…
RDF launches blood donation campaign
Kigali, 9 November 2018
Rwanda Defence Force and the National Centre for Blood Transfusion on Friday kicked off a blood donation drive in all…
RDF trained to prevent use of child soldiers
Musanze, 29 October 2018

Rwanda Peace Academy (RPA), in collaboration with the Romeo Dallaire Child Soldiers Initiative have launched a Training of…
Rwanda Defence Force to send 150 for EAC military exercise in Tanzania
Kigali, 29 October 2018
A contingent of 150 personnel from Rwanda Defence Force (RDF), led by Lt Col Eugene Rutayisire will on Wednesday 31 October…
‘UN Military Experts on Mission’ Course starts at Rwanda Peace Academy
Musanze, 29 October 2018

Twenty-one military officers from five Eastern Africa Standby Force (EASF) member states, started on Monday a three-week…