IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
Rwanda Defence Force Command and Staff College graduates 39 Junior Officers
Musanze, 26 October 2018
Thirty nine junior officers that include thirty seven from Rwanda Defence Force (RDF) and two from Rwanda National Police…
Rwanda Military Hospital successfully conducts Ebola simulation exercise
Kigali, 25 October 2018
Rwanda Defence Force (RDF) through Rwanda Military Hospital in Kanombe, on Thursday successfully conducted a drill dubbed…
Major General Murasira takes charge as the new Defence Minister
Kigali, 22 October 2018
Major General Albert Murasira, the newly appointed Defence Minister was today handed the reins of the Defence Ministry.…
Rwanda Defence Force Senior Officers undergo physical test
19 October 2018
Rwanda Defense Forces have started conducting annual Physical Fitness Tests (PFT) program for all its personnel. The first…
Rwanda hosts the African integrated crisis management course
Musanze, 14 October 2018
The Rwanda Peace Academy in collaboration with the Nordic Defense Cooperation (NORDEFCO) and the Eastern Africa Standby…
Relief as CAR diaspora donates medical insurance to 2000 vulnerable people in Huye
Huye, 01 October 2018
Central African Republic (CAR) diaspora have donated health care packages worth Rwf6 million to 2000 members of vulnerable…
Fifteen Rwanda Air Force personnel conclude Force Development training
Kigali, 27 September 2018
Fifteen (15) senior and junior officers from Rwanda Air Force concluded a ten-day workshop on Force Development Programme…
The 2nd Ugandan Deputy Prime Minister calls for regional efforts to address Security challenges
Jinja, 25 May 2013
Gen. Moses Ali, the Ugandan Second Prime Minister said that international terrorism, cross border crimes constitute menace to…
RDF participates in the largest military communications exercise code named ‘Africa Endeavor’
Five Rwanda Defence Force (RDF) officers and one Non Commissioned Officer (NCO) led by Col Charles KARAMBA have just returned home from Abuja, Nigeria…
EAC Defence liaison Officers on a sensitisation tour
The five East African Community (EAC) Defense Liaison Officers (DLOs) representing their respective Partner States at the EAC Secretariat will visit…