IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA POLYTECHNIC–TUMBA COLLEGE OF TECHNOLOGY
The Chief of Civil–Military Cooperation (J9) of the Rwanda Defence Force, Col Désiré Migambi Mungamba, delivered a lecture to students of Rwanda…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO PRISONERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) in…
RDF AND UPDF CONCLUDE 7TH PROXIMITY COMMANDERS' MEETING IN MUSANZE
The Seventh Proximity Commanders’ Meeting between the Rwanda Defence Force (RDF) 2 and 5 Divisions and the Uganda People’s Defence Forces (UPDF) 2…
RDF AND UPDF JOINT DELEGATION VISITS MUTOBO DEMOBILISATION CENTRE
A delegation from the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF), together with commanders from the Rwanda Defence Force (RDF) deployed along the…
PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING BETWEEN RDF AND UPDF CONVENES IN RWANDA TO ADDRESS CROSS-BORDER MATTERS
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Uganda Peoples’ Defence Forces (UPDF) convened the seventh Proximity Commanders’ Meeting in Musanze from 18–20…
CHIEF OF CIVIL–MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF THE INTERNATIONAL TECHNICAL SCHOOL OF KIGALI ON HEROIC VALUES
The Chief of Civil–Military Cooperation (Chief J9) in the Rwanda Defence Force (RDF), Col Désiré Migambi Mungamba, today delivered a lecture to more…
JAMAICA CHIEF OF DEFENCE STAFF VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN TRELAWNY PARISH
Montego Bay, 6 February 2026
The Chief of Defence Staff of the Jamaica Defence Force (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, on Friday paid a…
DEPUTY DEFENCE SPOKESPERSON HIGHLIGHTS THE SIGNIFICANCE OF NATIONAL HEROES TO STUDENTS OF NTARE LOUISENLUND SCHOOL
Bugesera, 2 February 2026
The Deputy Defence Spokesperson, Lt Col Simon Kabera, today delivered a lecture titled “The Significance of National…
DEFENCE SPOKESPERSON URGES STUDENTS TO EMBRACE HEROISM AND UNITY ON NATIONAL HEROES DAY
Kigali, 2 February 2026
The Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, on Monday addressed students at Riviera High School as part of…
THE JDF SUPPORT BRIGADE COMMANDER VISITS RDF ENGINEER CONTINGENT IN JAMAICA
Montego Bay, 31 January 2026
The Commander of the Jamaica Defence Force (JDF) Support Brigade, Brigadier O' neil A Bogle, visited the Rwanda…