IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
END OF THE YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE; TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
25 December 2018
On behalf of the Government of Rwanda, my family and my own behalf, I want to take this moment to wish all officers, men and women…
RDF Special Operations Force gets new trained personnel
Nasho, 21 December 2018
Rwanda Defence Forces (RDF) Special Operations Force got today new personnel after they had undergone eleven months of…
Fifty Rwanda Air Force personnel graduate from the Ethiopian Air Force Academy
Addis Ababa, 20 December 2018

The RDF Air Force Chief of Staff, Maj Gen Charles KARAMBA attended today in Ethiopia a graduation of fifty (50)…
PRESS RELEASE: Update on Kitabi/Nyamagabe incident
Kigali, 17 December 2018
Following Saturday's attack in Kitabi Sector, the RDF has pursued the assailants and killed three while the rest fled in…
PRESS RELEASE
Kigali, 15 December 2018
Today at 1815 hrs in Kitabi Sector of Nyamagabe District in Southern Rwanda, unidentified attackers set fire to three…
RDF Peacekeepers in CAR and South Sudan honored with UN Medals
Bangui/Juba 14 December 2018

Rwanda Defence Force (RDF) peacekeepers serving under both serving under United Nation Mission in South Sudan…
President Kagame concludes the annual Combined Arms Field Training Exercise
Gabiro, 11 December 2018
The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of Rwanda Defence Force, HE Paul Kagame was the Guest of…
RDF Chief of Defence Staff visits Egyptian Armed Forces
Kigali, 7 December 2018

The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Gen Patrick Nyamvumba conducted a working visit to Egypt…
RDF takes on water well drilling as part of capacity building
Muhanga, 01 December 2018
Through the ongoing RDF professional capacity development, the RDF Engineering Brigade acquired capacity to drill and…
Zigama CSS set to start issuing international Visa Cards
Kigali, 30 November 2018

Zigama Credit and Savings Society (Zigama CSS) has embarked on a project that will allow it to issue Visa cards, a…