IBINYOMA BISHINJWA INGABO Z’U RWANDA ZIBUNGABUNGA AMAHORO MU GIHUGU CYA CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Inkuru yanditswe na Barbara Debout mu binyamakuru “The New Humanitarian na Le Monde” zirashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Central African Republic, ibyo birego bikaba bivugwa ko ari ugufata ku ngufu n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu birego bitatu byavuzwe muri iyi nyandiko nta na kimwe cyabayeho:
- Ku bijyanye n’icyaha cyo gufata ku ngufu uwitwa "Jeanne", ucuruza imbuto n’imboga, nk’uko bivugwa muri iyo nyandiko ko yaba yarafashwe ku ngufu n’umwe mu ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro mu birindiro byazo i Bangui mu mwaka wa 2023: Ibi ntibishoboka kuko abasivili batemerewe kwinjira mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro muri Centre African Republic, keretse abiyandikishije cyangwa se bafite ibikorwa bizwi kandi byemewe bahakorera. Bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite.
- Ku kirego kijyanye no gufata ku ngufu "Grace, ufite imyaka 28", mu mujyi wa Paoua, mu majyaruguru y’igihugu: nta ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Amahoro zigeze zoherezwa muri kariya gace, bityo rero iki kirego kikaba nta shingiro gifite
- Naho ku bijyanye no gufata ku ngufu “abagore babiri ahitwa Ndassima”, mu birometero 400 uvuye i Bangui, nta na rimwe ingabo z’igihugu cy’u Rwanda ku bw’amasezerano y’ubufatanye y’ibihugu byombi, cyangwa se izibarizwa muri MINUSCA zigeze zoherezwa muri aka gace. Bityo rero ibyo byaha bashinjwa bikaba bitarigeze bibaho
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rishobora gukorerwa abaturage rikozwe n’abashinzwe kubungabunga amahoro ntirishobora kwihanganirwa, kandi Ingabo z'u Rwanda (RDF) ziha uburemere ibirego byose byashinjwa abasirikare bazo. Nk'uko byashimangiwe n'umwanditsi mu gutanga ubuhamya bw'abasivili bavuye mu byabo i Bria, ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigeze kubaho, ryahagaze ari uko ingabo z'u Rwanda zoherejwe muri ako karere .
Ntawe ushobora gushidikanya ku iyubahirizwa ry'amategeko, izina ndetse n'imikorere ntakemangwa Ingabo z'u Rwanda zimaze kubaka
Mu gihe cy'imyaka 20, ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano w'abaturage zakoze akazi kazo mu budakemwa kandi zubaha abaturage baho, zishingiye ku mahame y'ibanze yo kurinda abasivili n’inshingano zo kubarinda (R2P). Ingabo z'u Rwanda zizakomeza gushyigikira amahoro n'ituze muri Central African Republic, ndetse, n'ahandi hose Ingabo z'u Rwanda zishinzwe kurinda umutekano zoherejwe
More News
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION
REF: RDF/MPR/A/07/01/19
Kigali, 05 February 2019
H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE HAS COMMISSIONED AND PROMOTED…
Gen Nyamvumba emphasises intelligence sharing as regional chiefs meet in Kigali
Kigali, 05 February 2019
Chiefs/Directors of Military intelligence from the East African Community are meeting in Kigali to carry out the latest…
RDF Senior Command and Staff Course students take on malnutrition as a research topic of their National Study Tour
Kigali, 04 February 2019
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students started today a study tour as part of their Senior…
MoD wins two trophies in the inter-ministerial tournament
Kigali, 2 February 2019
The Ministry of Defence (MoD) won two trophies today in the annual inter-ministerial, government institutions and private…
RDF Inter Force competition wraps up revealing new talents
Kigali, 31 January 2019
The fifth annual RDF Inter Force Competition concluded today as military personnel showcased talents in various…
RDF rotates its peacekeepers in Darfur
Kigali, 15 January 2019
Rwanda Defence Force continues rotation of 53 Infantry Battalion (Rwanbatt51) with 7 Infantry Battalion (Rwanbatt53)…
RDF Command and Staff College students showcase cultural diversity
Musanze, 11 January 2019
Rwanda Defence Force Command and staff College students in Nyakinama, Musanze district today celebrated the fourth…
Rwanda Military Hospital selected as centre for plastic surgery
Kigali, 10 January 2019
Rwanda Military Hospital (RMH) has been selected as a training centre in plastic surgery for the College of Surgeons for…
Rwanda Military Hospital to launch first regional oncology facility
Kigali, 28 December 2018
Rwanda Defence Force through Rwanda Military Hospital is set to launch a new cancer centre by January 2019 offering…
