Skip to main content Skip to page footer
A Rwanda Government Website

UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’URWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO

Ndifuriza abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano mwese iminsi mikuru myiza, n’Umwaka mushya muhire.

Umwaka mushya ni umwanya wo kwisuzuma no kongera gufata ingamba zo kurinda igihugu cyacu no kugira uruhare mu iterambere ryacyo.

Ndabashimira ku myitwarire myiza n’ubwitange mu kurinda igihugu, by’umwihariko abari kure y’imiryango yanyu muri ibi bihe by’iminsi mikuru.

Ndabashimira umuhate n’ubwitange mu kubungabunga no kugarura amahoro n’umutekano ku mugabane wacu, haba mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’abari mu butumwa ku bw’ubufatanye n’ibihugu by’inshuti. Muhagarariye indangagaciro z’igihugu cyacu, mu bikorwa by’indashyikirwa n’ubunyamwuga.

Ku miryango yabuze ababo batakaje ubuzima bitangira igihugu, ndabashimira ubwo butwari, tuzakomeza kubaba hafi.

Ni iby’agaciro gakomeye kurinda igihugu cyacu, kandi ndabasaba kubikorana umurava n’ubwitange.

Nongeye kubifuriza mwese hamwe n’imiryango yanyu Umwaka mushya muhire.

More News

28 July 2023

PRESS RELEASE

REF: RDF/MPR/A/10/08/23

Kigali, 28 July 2023

Reference is made to the press release issued by the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo…

Read more