UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
SPLA delegation visits Rwanda
Eight (8) General Officers and one (1) Senior Officer from the Sudan People’s Liberation Army (SPLA) General Headquarters are in Rwanda from 26 July –…
Burundi Command and Staff College on a study tour in Rwanda
A delegation of 22 Senior Officers from Burundi Command and Staff College is in Rwanda for a 4 days study tour (14 – 18 July 2008). The team is led by…
Rwanda and UK sign a Memorandum of Understanding
Rwanda’s Minister of Defence Gen Marcel GATSINZI and the United Kingdom (UK) Ambassador to Rwanda H.E. Nicholas CANNON signed a Memorandum of…
Closing Remarks by the Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi, at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of Defence Forces, Kigali, 20 June 2008
{[Read the whole speech->http://www.mod.gov.rw/?Closing-Remarks-by-the-Minister-of]}
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Opening Remarks by Rwanda’s Minister of Defence, Gen Marcel Gatsinzi at the 6th Tripartite Plus Meeting of Chiefs of General Staff, Kigali, 20 June 2008
[{Read the whole speech}->http://www.mod.gov.rw/?Opening-Remarks-by-Rwanda-s]
Rwanda Air Force Officers and Airmen graduate in Logistics Science and Management
Ten [10] Officers and thirty one [31] Airmen from Rwanda Air Force graduated with ordinary and advanced Diploma in Logistics Science and Management,…
RDF Chief of General Staff meets his Congolese Counterpart
Joint Communiqué - June 16th, 2008
Bilateral meeting between RDF Chief of General Staff and FARDC Chief of General Staff.
MOD/RDF Leadership end a two days Retreat
A cross–section of Ministry of Defence (MOD) and Rwanda Defence Forces (RDF) leadership ended a two days retreat [13 – 14 June 2008] at Urumuri Hotel…
RDF Receives Training and Watercraft Spare Parts from the US Department of Defense
The United States Defense Attaché Office, through its International Military Education and Training (IMET) program, this month welcomed four United…