UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano hamwe n’imiryango yanyu, Umwaka Mushya Muhire wa 2023.
Ubwo dusoza Umwaka wa 2022, ndashaka kubashimimira akazi k’intangarugero mwakoranye umuhate n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano yanyu y’ibanze yo kurinda Abanyarwanda n’ubusugire bw’igihugu munakemura ibibazo bindi bibangamira ituze n’imibereho y’abaturage byo shingiro ry’amahoro arambye.
Hanze y’u Rwanda, Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano zagize uruhare mu gukemura ibibazo by’umutekano mu bihugu by’inshuti byo muri Afurika, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique mu kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cya Santarafurika (CAR) binyuze mu butwerererane bw’ibihugu byombi.
Abari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni mukomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda, aho mubigaragaza mushimangira indangagaciro zituranga.
Ndagira ngo mbashimire mwese byimazeyo guhesha ishema igihugu cyacu.
Mu mpera z’umwaka ntabwo biba byoroshye kuba kure y’inshuti n’imiryango, cyane ndavuga ku bari mu kazi hanze y’igihugu. Igihugu cyacu kirabashimira uwo mutima w’ ubwitange ntagereranywa.
Ndunamira bagenzi bacu babuze ubuzima ku bwo kwitanga bakorera igihugu cyacu n’Isi muri uyu mwaka wa 2022. Ndahumuriza byimazeyo imiryango yabo, kandi ndabizeza ko abayobozi n’Abanyarwanda bari kumwe namwe.
Intangiriro y’umwaka mushya ni umwanya wo kuvugurura imihigo yawe yo kurinda igihugu cyacu icyarutera icyo ari cyo cyose, kugira ngo dushobore gukomeza iterambere ry’u Rwanda mu bukungu n’imibereho myiza.
Reka nsoze na none mbifuriza ibyiza muri uyu mwaka mushya.
Imana ihe umugisha u Rwanda.
More News
Rwanda Security Forces and Mozambican Armed Forces conduct operations in Pundanhar and Nhica do Ruvuma-west of Palma District
Cabo Delgado, 08 February 2022
For the last two days, Joint offensive operations were conducted by Rwandan and Mozambican security forces in the…
RDFCSC STUDENTS EMBARK ON THEIR ANNUAL NATIONAL STUDY TOUR 2022
Kigali, 7 February 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students have embarked on a weeklong National Study Tour (NST 2022)…
RE-OPENING OF SCHOOLS IN PALMA DISTRICT, CABO DELGADO PROVINCE, MOZAMBIQUE
Today, 31 January 2022, the government of Mozambique officially re-opened Primary schools in Palma district.
The ceremony was held in Palma town,…
PRESIDENT PAUL KAGAME OPENS AFRICAN AIR CHIEFS’ SYMPOSIUM
Kigali, 25 January 2022
H.E President Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in- Chief of Rwanda Defence Force today…
President of Mozambique visits Mozambique and Rwanda Security Forces in Palma, Cabo Delgado Province, Mozambique
Yesterday, 21 January 2022, the President of the Republic of Mozambique Filipe Jacinto Nyusi visited the Joint forces of Mozambique and Rwanda in…
Rwanda to host African Air Chiefs Symposium
Kigali, 21 January 2022
In partnership with the United States Air Forces in Europe - Air Forces in Africa (USAFE-AFAFRICA) Rwanda will host the…
South African Chief of Defence Forces and Mozambican Deputy Chief of Defence Forces visit Rwanda Security Forces Hqs in Mocimboa da Praia city, Cabo Delgaldo province, Mozambique.
On Wednesday, 19th January 2022 a delegation headed by Gen Rudzani Maphwanya the Chief of South African National Defence Forces (CDF) accompanied by…
A Delegation from Egyptian Military Academy visits Rwanda Defence Force
Kigali, 20 January 2022
A delegation from Egyptian Military Academy headed by Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen and 04 military officer…
Minister Vincent Biruta visits RDF troops in Central African Republic
Bangui, 14 January 2022
Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Hon Vincent Biruta visited Rwanda 57 Task Force Battalion at their…
JORDAN delegation visits Rwanda Defence Force
Kigali, 14 January 2022
A delegation from Jordan headed by Maj Gen Ahmed Husni Hasan Hatoqia, the Director of General Intelligence Department today…